Credits
PERFORMING ARTISTS
Niyo Bosco
Performer
COMPOSITION & LYRICS
Niyo Bosco
Songwriter
Lyrics
Aho iyo unenze nturengera cyangwa se iyo ushimye ntushimagiza
Aho ntujya ubona isha itamba maze ukajugunya nurwo wambaaaaye
(Mbwira)
Aho ntiwishimisha ukarenza urugero,
Bikarangira utakaje agaciro, kandi kukagarura ari ihurizo,
Kombona iyisi idutamfuna bubisi
Wowe iyo ubibonye ukoriki? aho ntuziko uzatura nkumusozi
(Mbwira)
Ubwo ntiwibwira ko wagezeyo,
Maze ukihenura kubo wasizeyo, kandi ukirwana kugeza utakiriho,,,,
(Ubigenza uteee??? Mbwiraaa) ×2
Ubigenza ute?
Ujya wibuka ko ubambise adakurura, kandi icyo ubibye aricyo usarura,
Aho nturyoherwa nibisharira bityo kubaho bikakurambira,
Ese utekereza nyuma yo kuvuga? Cyangwa se uvuga nyuma yo gutekereza?
Byibuze se ujya wisunga rurema,
Ngo akwigishe iby'iri shuli ryubu ubuzima, nyemerera, twigane,
Kombona iyisi idutamfuna bubisi
Wowe iy'ubibonye ukoriki? aho ntuziko uzatura nkumusozi
(Mbwira)
Ubwo ntiwibwira ko wagezeyo,
Maze ukihenura kubo wasizeyo, kandi ukirwana kugeza utakiriho,,,,
(Ubigenza uteee??? Mbwiraaa) ×2
Ubigenza ute?
Lyrics powered by www.musixmatch.com